Retour aux Livres
Inyigisho zo mu nyandiko za YOSUA, ABACAMANZA, RUSI

Inyigisho zo mu nyandiko za YOSUA, ABACAMANZA, RUSI

KUBAHO MU IJAMBO BURI MUNSI

Auteur
Pastor Emile Sempabwa
Lieu et Année
Kigali, Rwanda
Illustration/Couverture
Pastor Emile Sempabwa
Prix20,000 RWF / $15 USD
Lisez l'aperçu ci-dessous, puis demandez l'accès quand vous êtes prêt.

À Propos de ce Livre

Ibitabo bya Yosuwa, Abacamanza na Rusi bitwigisha ko Imana ari iyo kwizerwa kandi isohoza amasezerano yayo. Iha umugisha abayiringira kandi bakayumvira.

Igitabo cya Yosuwa kiduhamagarira kugendana ubutwari, gukomeza kwizirika ku Ijambo ry'Imana no kuyiringira kugira ngo iduhe kunesha mu bibazo no mu rugendo rw'ubuzima.

Igitabo cy'Abacamanza kitwereka ingaruka zo kutizerwa no kutumvira Imana, ariko nanone kikaduhishurira ukwihangana n'imbabazi byayo, kuko ihora yiteguye kwakira no guhagurutsa abayigarukira bihannye.

Naho igitabo cya Rusi ni ubuhamya bwiza bw'ubudahemuka, kwicisha bugufi, kwizera no gucungurwa.

Iki gitabo kizakuyobora muri ibi bitabo bitatu, gitanga kuri buri gice incamake yumvikana neza, ingingo z'ingenzi z'imirongo, inyigisho z'ingenzi ndetse n'uburyo bwo kuzishyira mu bikorwa mu buzima bwa buri munsi. Ubu buryo bufasha gusobanukirwa neza ubutumwa bwa Bibiliya no kubushyira mu bikorwa mu mibereho ya buri munsi.

Kubaho mu Ijambo buri munsi ni uguhitamo kwiringira Imana mu bihe byose, kuyumvira udacogora, gukomeza kuba indahemuka n'iyo waba uri mu bigeragezo, no kugendera mu butungane no mu bunyangamugayo. Iyo ushyize mu bikorwa izi nyigisho, ukwizera kwawe kurakomera, ukarushaho kubona ubudahemuka bw'Imana muri buri ntambwe y'ubuzima bwawe, kandi ukaba umuhamya muzima w'urukundo n'ubuntu bwayo.

Instructions de Paiement

MoMo : envoyez exactement 20,000 RWF au numéro MoMo code 215 213 5 (Emile Sempabwa).

Virement bancaire (USD) : envoyez exactement 15 USD à la Bank of Kigali, numéro de compte 0004 7069 6794 470 (Emile Sempabwa).

Accès Numérique

Vous devez être connecté pour lire en ligne.

Connectez-vous d'abord