Gusubira inyuma
AMAVANGIRI 4 N’IBYAKOZWE N’INTUMWA

AMAVANGIRI 4 N’IBYAKOZWE N’INTUMWA

KUBAHO MU IJAMBO BURI MUNSI

Umwanditsi
Pastor Emile Sempabwa
Aho cyandikiwe n'Umwaka
Kigali, Rwanda
Igishushanyo cy'Inyuma
Pastor Emile Sempabwa
Igiciro20,000 RWF
Soma incamake hepfo, hanyuma usabe uburenganzira igihe uziyiteguye.

Ibijyanye n'Iki Gitabo

Ibitabo bine by’Ubutumwa Bwiza (Matayo, Mariko, Luka na Yohana) hamwe n’Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa bitugaragariza uwo Yesu Kristo ari we, umurimo yakoze n’inshingano yahawe, ndetse n’ukuntu Itorero rye ryavutse rikaguka. Bitwigisha kumenya Yesu, kumwizera, gukurikira urugero rwe, gukunda Imana no gukunda bagenzi bacu, kubaho twumvira Imana, dusenga, tugirira abandi impuhwe kandi tuyobowe n’imbaraga z’Umwuka Wera.

Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kitwereka uburyo abakristo ba mbere bashyize mu bikorwa izo nyigisho, babwiriza Ubutumwa Bwiza badacogora kandi bahindura isi binyuze mu kwizera kwabo.

Iki gitabo kizagufasha kwiga buri gice cya Bibiliya mu buryo bworoshye kandi bwumvikana. Muri buri gice uzasangamo incamake isobanutse, ibisobanuro by’imirongo y’ingenzi, inyigisho z’ingenzi ndetse n’uburyo bwo kuzishyira mu buzima bwawe bwa buri munsi. Ubu buryo buzagufasha gusobanukirwa ubutumwa bw’Ijambo ry’Imana, kumenya ukuri kwaryo kw’ingenzi no kubushyira mu bikorwa mu mibereho yawe ya buri munsi.

Kubaho mu Ijambo buri munsi ni ukugendana na Yesu Kristo, kwemera kuyoborwa n’Umwuka Wera, gushyira mu bikorwa inyigisho ze no guhamya urukundo rwe aho uri hose. Uko uzakomeza gutekereza ku nyigisho zo mu Butumwa Bwiza n’Ibyakozwe n’Intumwa no kuzishyira mu bikorwa ubikuye ku mutima, ni ko uzarushaho gukura mu kwizera, ugire imico isa n’iya Kristo kandi ube umwigishwa ushobora kugira uruhare mu guhindura umuryango wawe, Itorero ryawe n’igihe ubamo, byose bigahesha Imana icyubahiro.

Amabwiriza yo Kwishyura

MoMo: ohereza 20,000 RWF kuri MoMo code 215 213 5 (Emile Sempabwa).

Gusoma kuri Interineti

Ugomba kwinjira kugira ngo usome kuri interineti.

Banza Winjire